sangiza abandi

Kigali: Abantu bakekwaho gutema umuturage bose bafashwe

sangiza abandi

Polisi y’Igihugu, yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu batatu bagaragaye mu mashusho, bakubita , bakanakomeretsa umugore.

Ubu bugizi bwa nabi bwabaye mu ijoro ryo kuwa 11 Nzeri 2025, bubera mu Murenge wa Nyarugenge,Akagari ka Rwampara.

.Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga zirimo na X , yerekana aba basore batatu bambaye amakoti maremare , bafite imihoro, baryamishije umugore uri mu kigeri cy’imyaka 25, bamukubitisha iyo mihoro.

Ku rubuga rwa X, Polisi yatangaje ko kugeza ubu abakekwaho ubwo bugizi bwa nabi bose bamaze gufatwa.

Yagize iti” Turabamenyesha ko abantu babiri bari basigaye mu bagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy’ubugome umuturage wo mu kagari ka Rwampara bose bafashwe.”

Umugore wakomerekejwe yamaze kuva mu Bitaro, ubu ari kwitabwaho mu rugo gusa ku maso bigaragara ko agifite igikomere .

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]