sangiza abandi

Amavubi atsinzwe na Djibouti mu mukino wo gushaka itike ya CHAN 2024

sangiza abandi

Ikipe y’igihugu ya Djibouti itsinze ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) igitego 1-0, mu mukino w’ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’imikino ya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, CHAN 2024.

Ni umukino wabaye kuri iki cyumweru tariki ya 27 Ukwakira 2024, ubera kuri Stade Amahoro nubwo Djibouti ariyo yari yakiriye u Rwanda, ariko ikaba iri mu bihugu 11 CAF yemeje ko nta Stade bifite zo kwakiriraho imikino mpuzamahanga yo ku rwego rwa FIFA.

Uyu mukino watangiye amakipe yombi asa nk’aho anganya ariko Amavubi akomeza kugaragaza amakosa menshi mu busatiriza ndetse no guhagarara mu myanya nabi, kugeza ubwo igice kirangiye bikiri ubusa ku busa.

Igice cya kabiri cyatangiye ku ruhande rw’Amavubi, Mugisha Gilbert asimbura Niyibizi Ramadhan, umupira ukomeza Amavubi asa nari gukinira mu kibuga cyayo, ku munota wa 79 Gabriel Dadzie yatsindiye igitego ikipe ya Djibouti ku mupira yinjiranye mu ruhande rw’iburyo aroba umunyezamu Niyongira Patience.

Djibouti yagiye irata ibitego birimo ishoti Gabriel Dadzie yongeye gutera ku munota wa 82 ariko umupira unyura hejuru y’izamu, ndetse no ku munota wa 90+1, Ahmed Omar yateye umupira myugariro w’Amavubi awukuramo, umupira urangira Djibouti itsinze u Rwanda igitego 1-0.

Umukino wo kwishyura uzakirwa n’u Rwanda ku wa Kane, tariki ya 31 Ukwakira 2024. Ikipe izakomeza hagati y’ibihugu byombi, izahura n’izakomeza hagati ya Kenya na Sudani y’Epfo, mu ijonjora rya kabiri rizaba mu Ukuboza.

Abakinnyi 11 b’Amavubi babanje mu kibuga ni Niyongira Patience, Niyomugabo Claude ,Dushimimana Olivier ,Iyabivuze Osee ,Muhire Kevin ,Niyibizi Ramadhan ,Niyigena Clement ,Nshimiyimana Yunusu ,Ombolenga Fitina, Ruboneka Jean Bosco Na Tuyisenge Arsene.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]