Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco benshi bazi kw’izina rya Fatakumavuta, yasabye urukiko ko urubanza rwe rwasubikwa kuko atiteguye kuburana.
Kuri uyu wa kane, tariki ya 31 Ukwakira 2024, nibwo Fatakumavuta yagejejwe imbere y’urukiko rwa Kicukiro, aho ashinjwa ibyaha birimo gukangisha gusebanya no kubuza amahwemo hifashishijwe mudasobwa.
Fatakumavuta n’umunyamategeko we bavuze ko batiteye kuburana kuko bamenye iby’urubanza ku wa 30 Ukwakira, ndetse umunyamategeko yongeraho ko dosiye y’uyu munyamakuru yongewemo ibindi birego, bityo basaba umwanya wo kuyigaho babone kuburana.
Umunyamategeko wa Fatakumavuta yavuze ko biteguye kuburana ariko byaba byiza urubanza rushyizwe mu cyumweru gitaha.
Ubushinjacyaha bwavuze ko ibiri mw’idosiye ya Fatakumavuta yaba we n’abamwunganira babizi kuko babibajijweho, bityo nta mpamvu ihari yo gusubika urubanza.
Urukiko rwa Kicukiro rwemeje ko urubanza ruregwamo Fatakumavuta rusubikwa, rukazasubukurwa tariki ya 5 Ugushyingo 2024.





