Umugore w’imyaka 34 wiyemerera ko asanzwe akora uburaya, akurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko, amushukishije amafaranga 1000 Frw.
Icyaha akurikiranyweho cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 no ku itariki ya 03 Mutarama 2026 mu Mudugudu Karenge, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali, mu Karere ka Gasabo.
Uregwa akurikiranyweho kuba kuri ayo matariki yarasambanyije uyu mwana nyuma akamushukisha amafaranga 1000 Frw kugira ngo atazabivuga.
Mu rubanza rwabaye ku wa 17 Gashyantare 2026, uregwa yaburanye yemera icyaha, asobanura ko uwo mwana ari we wamusabye ko basambana kuko we asanzwe akora uburaya.
Urubanza ruzasomwa ku itariki ya 23 Gashyantare 2026, mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.
Icyaha cyo gusambanya umwana uregwa akurikiranyweho gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 14 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.





