sangiza abandi

AFC/M23 irashinja leta kurasa mu baturage ba Minembwe ikoresheje ‘Drone’

sangiza abandi

Ihuriro rya AFC/M23 rirashinja ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FARDC, gukoresha indege zitagira abapilote mu bitero bivugwa guhitana ubuzima bw’abasivile, abandi bagata ibyabo cyane ko biba byangiritse.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara none ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026, AFC/M23 yavuze ko mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, ingabo za FARDC zifatanyije n’imitwe iyishyigikiye zagabye ibitero mu duce dutuwe cyane two mu misozi Kalingi, ndetse no muri Centre ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo.

Iryo tangazo rivuga ko ibyo bitero byahitanye ubuzima bw’abaturage b’abasivile, abandi bagahunga ingo zabo, mu gihe ibikorwa remezo n’imitungo byangiritse ku buryo bugaragara.

AFC/M23 isobanura ko ikoreshwa rya drones mu duce dutuwe n’abasivile ari igikorwa cyiyongera ku mbaraga z’intambara, kigamije gutera ubwoba abaturage no kubambura uburenganzira bwo kubaho mu mutekano.

Ibi bije bishimangira ibirego iri huriro rimaze igihe rishyira ku ngabo za Leta, aho bayishinja gukoresha uburyo bukomeye mu guhangana n’imitwe irwanya ubutegetsi.

Ku rundi ruhande, Ingabo za FARDC ntizari zatangaza icyo zivuga kuri ibi birego bya AFC/M23. Gusa, mu bihe byashize, ubuyobozi bw’igisirikare cya RDC bwagiye buhakana kenshi ibirego byo kwibasira abasivile, bugashimangira ko bugamije kurwanya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’igihugu.

Iyi nkuru ije yiyongera ku mpungenge mpuzamahanga ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya gisirikare rigezweho mu ntambara zo mu burasirazuba bwa Congo.

Vuba aha, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye impande ziri mu mirwano guhagarika ikoreshwa rya drones zihitana ubuzima bw’abantu, nyuma y’ibitero byabereye mu mujyi wa Goma bikica umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ndetse n’abandi basivile bari kumwe nawe.

Amateka y’intambara mu burasirazuba bwa Congo agaragaza ko aka karere kamaze imyaka irenga 20 karangwa n’imirwano ihoraho, irimo imitwe myinshi yitwaje intwaro iharanira inyungu zitandukanye, zirimo iza politiki, ubukungu n’umutekano.

Abaturage bo muri utu duce, cyane cyane abo muri Minembwe n’ahandi hugarijwe n’imirwano, bakomeje gusaba amahoro arambye n’uburinzi bwizewe, mu gihe impande zihanganye zishinjanya ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Nubwo AFC/M23 nayo yigeze kwigamba ibitero byagabwe ku kibuga cy’indege cya Kisangani mu minsi ishize, ibintu bikomeje kongera ubukana bw’intambara, uku gukoresha drones n’ibindi bikoresho bya gisirikare bigezweho bishobora kurushaho kongera ibyago ku basivile, cyane cyane mu duce dutuwe cyane.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]