sangiza abandi

Kenrik Kabano wakiniraga ikipe y’abato ya Basketball yitabye Imana azize impanuka

sangiza abandi

Kenrik Kabano w’imyaka 18, wari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’Abato ya Basketball, yitabye Imana aguye mu mpanuka yahitanye na nyina umubyara, Rosine Kabano.

Amakuru y’urupfu rw’aba bombi yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Mata 2026, avuga ko iyi mpanuka y’imodoka yabereye mu Ntara ya Texas, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku mugoroba wo ku wa Mbere.

Aya makuru yatangajwe mu butumwa bwashyizwe hanze na Se wa Kenrik, Mike Kabano yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Ni ubutumwa bugira buti “Rosine yahamagawe n’Imana, hamwe n’umuhungu wacu w’imfura, Kenrik. Urumuri rw’umugore wanjye n’umuhungu wanjye ruzahora mu mitima yacu iteka. Mudusengere.”

Kenrik Kabano yavukiye muri Leta ya Ohio mu 2008, akaba yarakuriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yigaga agakinira n’umukino wa Basketball.

Yari asanzwe ari umwe mu bakinnyi b’akomeye bakinira ikipe y’abato y’u Rwanda, aho yari yaranahagarariye Igihugu mu batarengeje imyaka 16 mu Mikino Nyafurika ya FIBA U16 Boys’ Championship mu 2023.

Muri iryo rushanwa ryabereye ku mugabane wa Afurika, Kabano yari yagaragaje impano idasanzwe, cyane cyane mu mukino u Rwanda rwahuyemo na Misiri, aho yatsinze amanota 21, ari na yo menshi muri uwo mukino.

Amakuru avuga kandi ko Kenrik Kabano yari mu bakinnyi bari bari kurebwaho mu gutoranywa mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18, yitegura imikino yo gushaka itike ya Afrobasket.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]