sangiza abandi

Umutoza Taleb Abderrahim yongereye amasezerano muri APR FC

sangiza abandi

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umutoza wayo Taleb Abderrahim yongereye amasezerano y’umwaka umwe ushobora no kongerwa bitewe n’uko azitwara muri uyu mwaka w’imikino ugiye kuza wa 2026-27.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Nyakanga 2026 nibwo ikipe ya APR FC yatangaje ko umutoza ukomoka muri Maroc Taleb Abderrahim yongereye amasezerano nyuma y’umwaka umwe yari amaze ayitoza nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa kuva mu kwezi gushize.

Mu butumwa ikipe y’Ingabo z’Igihugu yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yagize iti,“Umutoza Mukuru Taleb Abderrahim yongereye amasezerano muri APR FC! Twiteguye indi myaka yo kwitwara neza. Nyuma yo gutwara ibikombe bitatu mu mwaka w’imikino birimo Shampiyona y’u Rwanda, Igikombe cy’Amahoro n’Igikombe kiruta Ibindi (Super Cup), urugendo rurakomeje.

Taleb Abderrahim yageze muri APR FC mu mpeshyi ya 2025, asinya amasezerano y’imyaka 3 azamugeza muri 2028, ariko akajya yongera buri mwaka bitewe n’umusaruro uzajya uba wamuranze.

Muri uyu mwaka, Taleb Abderrahim yabashije guha ikipe ya APR FC ibikombe bitatu birimo n’Igikombe cya Shampiyona mu makipe yo mu Rwanda kuko igikombe cya Shampiyona muri rusange cyatwaye na Al Hilal SC yo muri Sudani, ariko kugera kure mu mikino Nyafurika biracyari ingorabahizi, no kugeza ubu ikaba ariyo ntumbero y’iyi kipe.

APR FC ikomeze imyitozo i Shyorongi yitegura imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 8 Kanama 2028, imikino Nyafurika ya CAF Champions League n’umwaka utaha w’imikino wa 2026/27 muri rusange.

Mu buryo bwo gukomeza kubaka ikipe, kugeza ubu APR FC imaze gusinyisha abakinnyi 6 bashya barimo Ishimwe Christian ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira wayigarutsemo avuye muri Police FC, rutahizamu ukomoka muri Côte d’Ivoire Amani Kouadiokan Michel Breygeneve wavuye muri AFAD Djékanou, Rubuguza Jean Pierre ukina mu kibuga hagati wavuye muri Gicumbi FC, rutahizamu Uwiyaremye Fidali wavuye muri Kiyovu Sports, umukinnyi wo mu kibuga hagati Mamadou Traoré wavuye muri Stade Malien y’iwabo muri Mali ndetse n’umuzamu Ernan Siluane wavuye muri Black Bulls FC y’iwabo muri Mozambique.

Uretse aba bakinnyi bashya, APR FC yanongereye amasezerano Nshimiyimana Yunusu na Byiringo Jean Gilbert bombi bakina bugarura ndetse kuri ubu imaze gutandukana n’abakinnyi batatu mu buryo budasubirwaho barimo uwari kapiteni wayo Niyomugabo Claude, abanyamahanga batatu aribo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah ndetse na Niyigena Clement werekeje mu ikipe nshya ya Smouha Sports Club yo mu Misiri.

Umutoza Taleb Abderrahim n’ibikombe bitatu yatwaye muri uyu mwaka w’imikino

Photos:

[fluentform id="3"]