Umunyamakuru Ishimwe Adelaide wamamaye mu mikino ku izina rya Ida, yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi mu gihe yitegura kurushinga na Hitimana Jean Claude nawe usanzwe ari umunyamakuru uzwi ku izina rya Hit.
Ibirori byo gusezera ku bukumi bizwi mu ndimi zβamahanga nka βBridal showerβ, Ida yabikorewe ku Cyumweru tariki 23 Kanama 2026 nkβuko bigaragara mu mafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Kabiri.
Ibi birori bibaye mu gihe Hit na Ida bamaze gutangaza ko bazakora ubukwe tariki 5 Nzeri 2026.
Aba bombi bari bamaze igihe bakorana kuri Radio/TV 10 mbere yβuko Ida asezera kuri iki gitangazamakuru, bikabona gutangazwa ko afitanye ubukwe na Hit wari usanzwe ari nβumuyobizi we mu gisata cya Siporo.











