sangiza abandi

Maj. Gen Nyakarundi yahaye impanuro abasirikare bagiye gusimbura bagenzi babo i Cabo Delgado

sangiza abandi

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe 2026 yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare n’abapolisi  bitegura kujya gusimbura bagenzi babo bari mu butumwa kurwanya iterabwoba i Cabo Delgado muri Mozambique.

Izi Impanuro Maj. Gen Nyakarundi yazitangiye mu Kigo cya Gisirikare cya Kami mu karere ka Gasabo, aho yari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe ibikorwa, CP Vincent B. Sano.

Maj. Gen Nyakarundi yibukije itsinda rigiye mu butumwa ko inshingano zabo za mbere ari “ukurinda abasivili ibikorwa by’iterabwoba”.

Yakomeje ababwira ko bagomba kuzahagararira u Rwanda neza bakora kinyamwuga kandi bakagira imyitwarire myiza.

Nyakarundi yashimangiye akamaro ko kugira imyitwarire myiza, gukorera hamwe no gukora kinyamwuga, abashishikariza gukomeza kwitanga batizigamye mu kazi kabo nk’uko abababanjirije babigenje.

U Rwanda rufite ingabo n’abapolisi i Cabo Delgado guhera muri Nyakanga 2021 aho bikubiye mu masezerano ibihugu byombi byagiranye ku busabe bwa Mozambique.

Mbere y’uko ingabo z’u Rwanda zijya mu Ntara ya Cabo Delgado yari yarigaruriwe n’ibyihebe kuva mu 2017 aho byishe abaturage 3,000 abandi ibihumbi 800 bava mu byabo.

Kuva ingabo z’u Rwanda zahagera mu 2021 zabashije guhashya ibyo byihebe, aho mu mpera za 2023 Mozambique yatangaje ko hejuru ya 90% by’Intara ya Cabo Delgado hamaze kugarurwamo umutekano ndetse n’abaturage basubiye mu byabo.

Maj. Gen Nyakarundi yahaye impanuro abasirikare bagiye gusimbura bagenzi babo i Cabo Delgado
Itsinda ry’abasirikare n’abapolisi  bitegura kujya gusimbura bagenzi babo bari mu butumwa kurwanya iterabwoba i Cabo Delgado bahawe ubutumwa.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka