Nyuma y’inkuru zitandukanye zivuga ko Umunya-Burkina Faso, Memel Raouf Dao, yamaze kumvikana na APR FC, muri Tanzania ho bavuga ko Ikipe ya Singida Black Stars yamaze kumwibikaho.
Uyu mukinnyi w’imyaka 21 ukina inyuma ya ba rutahizamu wakiniraga AS Sonabel Ouagadougou, bivugwa ko binyuze kuri Djibril Ouattara mwene wa bo ukinira APR FC ari we wamuranze ndetse avuga ko hari icyo yafasha.
Uyu rutahizamu uri iwabo mu biruhuko amakuru avuga ko ari na we wafashije iyi kipe ye kwihutisha ibiganiro uyu mukinnyi yemera kwerekeza muri APR FC.
Gusa bimeze nk’aho iyi kipe icunze nabi ishobora guterwa gapapu kuko muri Tanzania hari kuvayo amakuru atandukanye n’ayo abakunzi bayo bifuza kumva.
Ibinyamakuru bitandukanye biravuga ko Memel Raouf Dao yamaze kumvikana na Singida Black Stars ndetse isaha iyo ari yo yose yahita atangazwa nk’umukinnyi wayo.




