Sosiyete y’indege ya RwandAir yatangaje ko ingendo z’indege za WB300 na WB303 zigana ndetse n’iziva i Doha ku matariki ya 23 na 24 Kamena 2025, zahagaritswe by’agateganyo, kubera ifungwa ry’ikirere cya Qatar.
Mu itangazo RwandAir yashyize hanze, ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 23 Kamena 2025, yavuze ko n’ingendo zayo zijya cyangwa ziva i Dubai zahagaritswe, hagamijwe kurengera umutekano w’abagenzi n’abakozi bayo.
Izi mpinduka zije nyuma y’uko Leta ya Qatar itangaje ifungwa ry’ikirere cyayo mu rwego rwo “kurinda umutekano w’abaturage, abahatuye n’abasura icyo gihugu.”
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko inzego z’igihugu ziri gukurikirana hafi iby’iki kibazo, kandi hazakomeza gutanga amakuru binyujijwe ku miyoboro yemewe.
Iyi Minisiteri yatangaje ko “umutekano w’abantu bari ku butaka bwa Qatar ari ingenzi kandi ko Leta “itazazuyaza gufata ingamba zose zishoboka zo kubarinda no kubarengera.”
RwandAir yiseguye ku bagenzi bagizweho ingaruka n’ihagarikwa ry’izi ngendo, kandi ivuga ko bazemererwa guhindurirwa amatariki y’indege hagendewe ku buryo ibintu bizagenda bihinduka.







