sangiza abandi

Rutshuru: Hari kubera imirwano ikomeye hagati ya M23 na Wazalendo

sangiza abandi

Ubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yizihizaga isabukuru y’imyaka 65 imaze ibonye ubwigenge ku wa 30 Kamena, abaturage bo muri Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bazindukiye mu mirwano ikomeye. n’umunsi utoroshye, .

Iyi mirwano ikomeye yabaye kuva mu museke wo ku wa mbere, hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’abarwanyi ba Wazalendo bo muri Collectif des mouvements pour le changement (CMC).

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iyi mirwano yabereye cyane cyane i Munguli, muri Gurupoma ya Kihondo, no muri Kikuro, muri Gurupoma ya Tongo.

Urusaku rw’imbunda ziremereye nizoroheje rwumvikanye muri ako gace guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo.

Iyi mirwano yo ku wa mbere yaje ikurikira indi imaze icyumweru ibera mu bice binyuranye by’iyi Kivu hagati y’abarwanyi ba M23 n’aba Wazalendo.

Ku wa gatandatu no ku Cyumweru, uduce twa Birambizo na Karambi, muri Gurupoma ya Bukombo, no muri Gurupoma ya Kihondo, niho habaye imirwano ikaze.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, iyi mirwano yatumye abaturage babarirwa mu magana bahunga ingo zabo.

Ku cyumweru, byibuze amazu atandatu yatwitse mu mujyi wa Karambi no mu turere tuyikikije.

Iyi mirwano ikomeye imaze ibyumweru birenga bine, igira ingaruka muri Gurupoma enye za Sheferi ya Bwito: Bambo, Tongo, Bukombo na Kihondo.

Iyi mirwano yatumye abaturage babarirwa mu magana bahungira muri Gurupoma ya Bashali-Mukoto, mu gihe abandi bahungiye by’agateganyo i Bukombo cyangwa abandi bigisha mu bihuru abandi bahera mu nzu.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka