sangiza abandi

U Rwanda rugiye kwakira inkingo za Mpox

sangiza abandi

Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira Indwara z’Ibyorezo (Africa CDC), cyatangaje ko kigiye koherereza u Rwanda inkingo zirenga 5000 zo gukingira abantu mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Mpox kimaze iminsi cyugarije Afurika.

Imibare iheruka igaragaza ko abandue Mpox mu Rwanda bari batandatu, mu gihe nta n’umwe wigeze uhitanwa na yo.

Muri rusange abantu bandue indwara ya Mpox muri Afurika barenga ibihumbi 34 mu gihe 866 ari bo bamaze guhitanwa n’iyi ndwara, umubare munini ukaba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuyobozi Mukuru wa Africa CDC, Dr Jean Kaseya ubwo yari mu Kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa 3 Ukwakira 2024, yatangaje ko ibihugu bimaze kugaragaramo Mpox bu bigeze kuri 16, hakaba hariyongereyemo Ghana.

Yagaragaje ko ibikorwa byo gukingira ahenshi bizatangira kuva ku wa 5 Ukwakira, mu gihe inkingo zizagera mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukwakira 2024.

Ati “Reka mbabwire ko ejo hari inkingo zizagera mu Rwanda, tuzahera ku nkingo ibihumbi bitanu ariko dushobora no kuzongera kuko u Rwanda ni cyo gihugu cyatangiye gukingira, tuzi kandi ko RDC izatangira mu minsi ibiri iri imbere, na ho Nigeria bazatangira gukingira tariki 8 Ukwakira 2024.”

Muri Nzeri 2024 ni bwo u Rwanda rwatangiye gukingira Mpox, bitangirira ku bantu 300 biganjemo abafite ibyago by kwandura nk’abaganga n’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]