Thomas Lubanga uheruka gushinga umutwe witwaje intwaro ugamije gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa, yatangaje ko ashyigikiye ko we n’umutwe wa AFC/M23 bahirika ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.
Lubanga yabitangaje kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Nyakanga 2025, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, i Kampala muri Uganda.
Iki kiganiro yagikoze mu gihe mu mezi abiri ashize yemeje ko yashinze umutwe witwaje intwaro witwa CRP urwanira muri Ituri mu Burasizuba bwa RDC. Avuga ko uyu mutwe abereye umuyobozi mukuru, ugamije gukuraho ubutegetsi buriho muri iki gihugu cya RDC.
Muri iki kiganiro Lubanga yabwiye itangazamakuru ko we na M23 n’undi wese urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, ndetse ko ashyigikiye M23 cyane.
Ati “Turashima kandi dushyigikiye aho AFC/M23 ihagaze, cyo kimwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ugucungurwa kwa RDC gushingiye ku iherezo ry’ubutegetsi bubi bwa perezida Felix Tshisekedi.”
Thomas Lubanga umaze igihe aba muri Uganda yavuze ko aba muri iki gihugu kubera ko yahatirijwe guhungira i Kampala nyuma y’igihe we na bene wabo batotezwa.
Avuga ko uku gutotezwa kwaturutse kukuba yarakunze kunenga ibitagenda neza mu butegetsi bw’i Kinshasa.
Lubanga wigeze gufungirwa muri gereza ya La Haye yavuze ko M23 ashyigikiye yakunze kugaragaza kenshi ko nta kindi cyatumye abawugize batora imbunda, usibye kuba benewabo bicwa bazira inkomoko yabo.
Bavuga ko aba bavuga Ikinyarwanda bamaze imyaka myinshi batotezwa, bakanakorerwa iyica rubozo na Leta y’i Kinshasa ifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uwa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.



