Ikipe ya APR FC yasabye ko imikino y’ibirarane ifite irimo n’uwari kuyihuza n’ikipe ya Rayon Sports byakimurirwa ingengabihe.
Tariki ya 19 Ukuboza ni bwo byaribiteganyijwe ko ikipe ya Rayon Sports izakira APR FC mu mukino wo ku munsi wa gatatu wa Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Rwanda wari waragizwe ikirarane bitewe nuko APR FC yari mu mikino ya CAF Champions League.
Itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda Premier League kuri iki cyumweru, tariki ya 6 Ukwakira rivuga ko bamaze kwakira ubusabe bwa APR FC isaba ko imikino y’ibirarane ifite yakimurwa hagendeye ku ngengabige ya shampiyona 2024-2025.
Nyuma yo gusohora iri tangazo twaganiriye n’umuvugize wa Rayon Sports, Ngabo Robin atubwira ko bataramenyeshwa aya makuru gusa biramutse bibaye impamo bakumirwa kuko mu busanzwe ikipe atariyo yipangira imikino.
Ati” Nta kinini twabivugaho kuko nta baruwa twahawe itubwira ko uyu mukino ushobora kwimurwa. Gusa bibaye twakumirwa kuko ntabwo ikipe ari zo zipangira imikino.”
Yakomeje avuga ko bumva ingengabihe yateguwe na Shampiyona ariyo igomba kugenderwaho. Ati” Twumva ibyateguwe na League bigomba kubahwa kuko ni yo ifite mu nshingano gutegura ingengabihe ya Shampiyona. Gusa kuko twe nta baruwa itumenyesha impinduka turabona nta kindi twarenzaho.”
Rayon Sports yateganyaga nibura miliyoni zitari hasi ya 75 z’Amafaranga y’u Rwanda kuri uyu mukino.







