sangiza abandi

Agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga kazagera kuri Miliyari zirenga 7$ mu myaka itanu

sangiza abandi

Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko agaciro k’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga kazikuba kabiri mu myaka itanu (2024-2029), kagere kuri miliyari 7.3$ kavuye kuri miliyari 3.1$.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 12 Kanama 2025, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, Gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu, NST2 (2024-2029).

Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yavuze ko gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere, NST2, yubakiye ku nkingi eshatu ari zo :Ubukungu, Imibereho myiza n’Imiyoborere.

Yavuze ko guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuzamura ubukungu ku mpuzandengo ya 9.3% buri mwaka kugeza mu mwaka wa 2029.

Dr Nsengiyumva avuga ko umusaruro w’amafaranga umuturage azinjiza uzava ku mpuzandengo y’amafaranga 1040$ mu mwaka wa 2023 ugere ku 1360$ muri 2029.

Ati “ Kugira ngo ibi bizagerweho biradusaba kongera umusaruro mu nzego zose z’ubukungu.”

Minisitiri w’Intebe avuga ko ubuhinzi bwitezwe kuzamuka buri mwaka ku mpuzandengo iri hejuru ya 6%. Ni mu gihe inganda na serivisi na byo bizazamuka hejuru ya 10% buri mwaka .

Minisitiri w’Intebe avuga ko Ishoramari ry’abikorera rizazamuka aho rizava kuri 15.9% ry’umusaruro mbumbe w’igihugu mu 2023 rigere kuri 21.1% mu 2029.

Minisitiri w’Intebe avuga ko agaciro k’ibyohereza mu mahanga kazikuba inshuro zirenga ebyiri.

Ati “Kazava kuri miliyari 3.1$  mu 2023 kagere kuri miliyari 7.3$ mu 2029.”

Yongeraho ko biteganyijwe ko ibyoherezwa mu mahanga bizazamuka ku mpuzandengo ya 13% buri mwaka. Ni mu gihe ibitumizwa mu mahanga na byo bizazamuka ku kigero cya 8%.

Photos:

[fluentform id="3"]