Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye Kenya yashyizeho uhagararira inyungu zayo muri Goma kuri ubu hagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23 rutabaga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu.
Ibi byatangajwe binyuze mw’itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya RDC.
Ni nyuma yaho Kenya isohoye itangazo rimenyesha ko yashyizeho ba Ambasaderi bayihagarariye barimo na Judy Kiara wagenwe guhagararira iki gihugu i Goma mu burasirazuba bwa RDC.
Ibi ntibyakiriwe neza n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa RDC, kuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mw’itangazo avuga ko ibyakozwe na Kenya ari ubushotoranyi bukabije.
Ni mu gihe ubutegetsi bw’i Kinshasa bufata umutwe wa M23 nk’umutwe w’iterabwoba wateye iki gihugu ukigarurira igice kinini cy’Uburasirazuba.
RDC ivuga ko ibyo Kenya yakoze bidakwiye na gato, kandi ko gushyiraho uyihagararira i Goma ntaho bitaniye n’ubugambanyi isaba abaturage bayo kwirinda ibibuha no gutekana.
Kurundi ruhande kandi yanahamagaje Ambasaderi wa Kenya i Kinshasa ndetse n’ushinzwe ibikorwa by’ububanyi n’amahanga mu rwego rwo kugira ngo batange ibisobanuro.



