sangiza abandi

Abantu 5 ni bo bishwe n’imvura yaguye mu minsi ibiri

sangiza abandi

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko abantu batanu ari bo  bishwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu minsi  ibiri.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, Ngoga Aristarque, yabitangaje  ku wa Mbere tariki ya 18 Kanama 2025.

Yagize ati: “Muri iyi minsi twagize imvura muri uku kwezi kwa 8, ubusanzwe si ukwezi kurangwa n’imvura. […] tariki ya 16 twagize imvura, no mu ijoro ryakeye [tariki 18 Kanama 2025] yaguye igeza no mu gitondo. Twagize imfu z’abantu zigera kuri 5, bane muri bo bishwe n’inkuba, umwe ni inzu yamugwiriye.”

Yakomeje avuga ko abapfuye barimo abo mu Karere ka Burera babiri, ndetse n’abo muri Gicumbi, Rusizi na Ngororero, umwe muri buri Karere.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]