sangiza abandi

Imfungwa 700 za M23, igihato gikomereye RDC mu biganiro bya Doha

sangiza abandi

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje intumwa zayo i Doha muri Qatar mu biganiro zihuriramo n’intumwa za Leta ya Congo, kandi ko basaba iyi Leta ibintu bibiri, birimo gufungura imfungwa zifungiwe i Kinshasa no guhagarika ibitero ku birindiro byabo.

Ni ibyongeye gushimangirwa na Bertrand Bisimwa, perezida wa M23, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 22 Kanama 2025, ubwo bari mu kiganiro n’itangazamakuru.

Ubwo yari abajijwe ku kizere bafitiye ibiganiro bya Doha, Bisimwa yavuze ko mu gihe Kinshasa itubahirije gufungura infungwa zabo zifungiye i Kinshasa no guhagarika ibitero nta kindi cyizashoboka, kandi ko mu gihe yabyubahiriza n’ibindi yizera ko bizagerwaho.

Bisimwa yanavuze ko ariyo mpamvu bohereje abantu babiri gusa i Doha, kuko ngo ibyo bihagije kugira ngo babikoreho, aho kohereza abantu bane cyangwa barengaho nk’uko byari bisanzwe bikorwa.

Yashimangiye ko nta biganiro by’amahoro bizaba i Doha muri Qatar igihe Leta ya RDC itarubahiriza byuzuye ibikubiye mu mahame yasinywe hagati y’impande zombi muri Nyakanga uyu mwaka.

Aya mahame yasabaga RDC kurekura imfungwa 700, zirimo abanyamuryango ba AFC/ M23 n’abafunzwe bakekwaho kuba abari mu miryango yayo kugirango ibiganiro bitangire.

M23 ivuga ko yubahirije ibyo yasabwaga birimo gufungura imfungwa 1,340 zirimo abasirikari ba RDC ndetse nabo mu miryango yabo, bakurizwa indege ibajyana muri Beni, abandi bakanyura ku butaka bagashyikirizwa umuryango wa Croix Rouge.

Ni mu gihe uyu muryango uvuga ko ku rutonde rw’abo AFC/M23 yasabye ko barekurwa harimo abasaga 200 batazwi aho bafungiye, bikekwa ko bashobora kuba barishwe na Leta ya Congo.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka