sangiza abandi

Mu 2024-2025: Imanza zirenga ibihumbi 15 zaciwe hisunzwe Ubuhuza 

sangiza abandi

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama y’Ubucamanza, Domitilla Mukantaganzwa, yatangaje ko  mu mwaka w’ubucamanza wa 2024-2025 , haciwe imanza 15012, zaciwe hisunzwe inzira y’ubuhuza n’ubwumvikane.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nzeri 2025, ubwo yatangiza ku mugaragaro Umwaka w’Ubucamanza wa 2025/2026.

Ni igikorwa cyitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, abari mu nzego zibarizwa mu runana rw’Ubutabera, Abacamanza, Abavoka, Abashinjacyaha n’abandi.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama y’Ubucamanza, Domitilla Mukantaganzwa  yavuze ko raporo y’umwaka w’ibikorwa by’umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, igaragaza ko inkiko zaregewe imanza 106, 254.

Izi ziyongeraga ku manza 76. 273 zari zarasigaye mu nkiko ku isozwa ry’umwaka wa 2023-2024. Bivuze ko mu mwaka usojwe , inkiko zari zifite imanza zo kuburanishwa 182,527.

Muri izo manza zose, inkiko zaciye imanza 109,192. Izi zirimo imanza mu mizi 92,880 zingana na 85%. N’imanza ku ifungwa n’ifungura ry’agateganyo 116,312 zingana na 15%.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama y’Ubucamanza, Domitilla Mukantaganzwa yavuze ko yishimira ko kuri ubu hari intambwe iri guterwa mu guca imanza hisunzwe inzira y’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha.

Ati “ Hejuru y’imanza zaciwe, urwego rw’Ubucamanza rwishimira intambwe yatewe n’abacamanza, abanditsi b’inkiko, abashinjacyaha n’ababuranyi ku ikoreshwa ry’ubuhuza n’ubwumvikanye bushingiye ku kwemera icyaha mu gukemura ibibazo biba biri mu manza zaregewe inkiko bitabaye ngombwa ko ziburanishwa.”

Domitilla Mukantaganzwa  yavuze ko imanza 3,166 z’imbonezamubano,iz’ubucuruzi, umurimo n’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza.

Ni mu gihe imanza 11,846 z’inshinjabyaha zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, hagati y’ubushinjacyaha n’uregwa.

Imanza zose zakemuwe hisunzwe mu buhuza n’ubwumvikane hagati y’ababuranyi bitabaye ngombwa ko ziburanishwa ni 15,012.

Yongeyeho ko iyo hateranyijwe imanza zaburanishijwe mu mizi, izaburanishijwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo,n’izakemukiwe mu buhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zose hamwe ziba imanza 124,204.

Ati “ Uyu ukaba ari umusaruro urwego rw’ubucamanza rwagezeho mu mwaka wa 2024-2025.”

Umwaka wa 2024-2025 wasize mu nkiko imanza 58,326 zasigaye zitaburanishijwe. Muri izi manza harimo 26,862 zabaye ibirarane.

Mukantaganzwa avuga ko uyu mwaka nabwo hashyizwe imbaraga mu gushishikariza ababuranyi gucyemura ibibazo bidasabye kugana inkiko.

Ati “ Muri uyu mwaka dutangiye, urwego rw’ubucamanza, tuzashyira imbaraga mu gushishikariza ababuranyi mu gucyemura ibibazo ku bw’umvikane by’umwihariko mu manza z’imbonezamubano,iz’ubucuruzi.iz’ubutegetsi, hazashyirwa imbaraga mu nzira z’ubuhuza.”

Ni mu gihe mu manza z’inshinjabyaha hazashyira imbaraga mu gukoresha ubuhuza hagati y’uwakorewe icyaha n’uwagikorewe n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha.”

Yasabye abagana inkiko ko inzira y’ubuhuza ari yo nzira nziza yo gukemura ikibazo bidasabye ko abantu bagana inkiko.

Yavuze ko umwaka w’ubucamanza 2025-2026 ari umwaka wo gukoresha ubuhuza n’ubwumvikane igihe cyose bigaragara ko ari bwo buryo bukwiriye.

Habanje gukorwa umutambagiro wo gutangiza umwaka w’Ubucamanza
Hatangijwe umwaka w’ubucamanza wa 2025-2026

Photos:

[fluentform id="3"]