Ikipe y’u Rwanda yegukanye umudari wa Zahabu mu gace ko gusiganwa n’igihe kakinwe n’abagabo bavanze n’abagore ku munsi wa kabiri wa shampiyona Nyafurika iri kubera i Eldoret muri Kenya.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Ukwakira 2024, ni bwo hakinwe umunsi wa kabiri wa Shampiyona Nyafurika y’Amagare ya 2024.
Mu gace ko gusiganwa n’igihe abagabo batatu bari kumwe n’abagore batatu mu itsinda rimwe, ariho ikipe y’u Rwanda yari ihagarariwe na Mugisha Moïse, Ingabire Diane, Mukashema Josiane, Nzayisenga Valentine, Masengesho Vainqueur na Tuyizere Étienne.
Abakinnyi bagombaga gusiganwa intera y’ibilometero 44.8. U Rwanda rwayisiganwe mu isaha imwe n’amasegonda atandatu ruza ku mwanya wa mbere rusize ikipe ya Eritrea na Ethiopia, rwegukana umudari wa Zahabu.
Eritrea yabaye iya kabiri isizwe n’u Rwanda amasegonda 39, Ethiopia iba iya gatatu isizwe umunota n’amasegonda atatu, Uganda iba iya kane isizwe iminota ine n’amasegonda 12, Maroc iba iya gatanu isizwe iminota ine n’amasegonda 50 mu gihe Kenya yabaye iya gatandatu yasizwe iminota itanu n’amasegonda atandatu.
Shampiyona izakomeza ku wa gatanu hasiganwa ingimbi n’abangavu mu muhanda aho abakobwa bazakora intera y’ibilometero 66,1 naho abahungu bagakora ibilometero 99,9.






