Amagaju FC yatangiye shampiyona itanga ubutumwa ku makipe y’i Kigali, itsindira AS Kigali iwayo ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa mbere wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda
Ni umukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Nzeri 2025, saa 15:00.
Uyu mukino wayobowe na Nshimiyimana Remmy Victor nk’umusifuzi wo hagati.
Ibitego by’Amagaju FC byatsinzwe na Rachidi Mapoli na Alphonse Habineza mu gihe AS Kigali yacunguwe na Ntirushwa Aimé.
Amagaju FC yashoboraga kubona ibindi bitego ariko ntiyahiriwe kuko nko ku munota wa 35, yabonye penaliti ariko Rutahizamu wayo Ndayishimiye Eduard ayitera hanze, anaba umukinnyi wa mbere uhushije penaliti muri Shampiyona y’umwaka w’imikino 2025/26.
Rutahizamu w’iyi kipe yo mu Majyepfo Rachidi Mapoli Yekini ni we wafunguye amazamu, atsinda igitego cya mbere ku munota wa 45. Uyu Munye-Congo w’imyaka 20 yabaye umukinnyi wa mbere utsindiye igitego Amagaju FC muri iyi Shampiyona, kinatuma ikipe ijya kuruhuka iyoboye.
Ni igitego cyaje kwishyurwa ku munota wa 75 na Ntirushwa Aimé nyuma yo gukoresha imbaraga kw’abakinnyi ba AS Kigali bashaka kwishyura.Umukino ugana ku musozo, ku munota wa 86, nibwo Amagaju FC yongeye kumwenyura nyuma yo gutsinda igitego cyinjijwe na Habineza Alphonse.
Iminota 90 yarangiye, Amagaju FC yatsinze AS Kigali ibitego 2-1, itangira umwaka w’imikino n’amanota atatu.
AS Kigali yaherukaga kwakira Amagaju FC ku wa 19 Mata 2025, iyatsinda ibitego 2-1. Mu gihe Amagaju FC yo yaherukaga gutsinda Abanyamujyi ku wa 10 Gashyantare 2024, i Huye.
Muri rusange, umunsi wa mbere wa Shampiyona watangiye ku wa Gatanu, tariki ya 12 Nzeri 2025, aho Gorilla FC yatsinze AS Muhanga ibitego 2-1.
Imikino yakomeje ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Nzeri 2025, aho Rayon Sports yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-0, Police FC itsindira Rutsiro i Kigali ibitego 2-1, Bugesera FC itsindira mu rugo Gicumbi FC igitego 1-0, Mukura VS itsinda Musanze FC igitego 1-0, mu gihe Etincelles FC yanganyije na Gasogi United 0-0.
Umukino wa Marine FC na APR FC wagizwe ikirarane kuko iyi kipe ya kabiri iri muri Tanzania aho yitabiriye Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2025, aho yasezerewe na Al Hilal yo muri Sudani, iyitsinze ibitego 3-1.







