sangiza abandi

Brig Gen Rwivanga yagaragaje ubuyobozi bubi nk’isoko y’umutekano muke muri Afurika

sangiza abandi

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yagaragaje ko ibibazo byinshi by’umutekano muke n’ivangura muri Afurika bituruka ku buyobozi bubi n’imiyoborere idashyira imbere ubumwe bw’abaturage.

Ni ibyo yagarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Nzeri 2025, mu kiganiro cyateguwe na Never Again Rwanda, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wa Demokarasi, washyizweho n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye mu 2007.

Brig Gen Rwivanga yagaragaje ko ibihugu byinshi muri Afurika byugarijwe n’ibibazo bikomeye by’umutekano muke birimo urugomo, intambara zituruka ku ivangura rishingiye ku moko, iterabwoba ndetse n’ibibazo by’impunzi, byose bishingiye ku miyoborere mibi.

Yatanze urugero rw’ibihugu bimwe usanga Leta zitakigira icyo zikora mu guhashya urugomo n’imitwe yitwaje intwaro ndetse zimwe zikaba zaranemeye gutakaza uduce tw’imijyi mu maboko y’inyeshyamba n’abagizi ba nabi.

Yavuze ko ibibazo biri muri Afurika atari ibyo gutegereza amahanga ngo abe ari yo abikemura, ahubwo ko ari inshingano z’Abanyafurika ubwabo.

Brig Gen Rwivanga yagaragaje ko u Rwanda rwahuye n’ibyo bibazo byose bigendanye n’umutekano muke, ari yo mpamvu rwashyizeho ingamba z’igihe kirere zo kubirwanya.

Ati “Ni yo mpamvu nshaka ko mubona u Rwanda nk’icyitegererezo cy’igihugu cyabashije kuva muri iyo midugararo yose kikiyubaka.”

Yagaragaje ko ikibazo cy’umutekano muke mu Burengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gifitanye isano n’uburyo ibintu byari byifashe mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho amacakubiri ashingiye ku moko yacengeye mu miyoborere.

Avuga ko ibibazo byo mu Burasirazuba bwa Congo bishobora gukemuka habayeho imiyoborere myiza.

Yagize ati “Iyo umuyobozi ahisemo inzira y’amacakubiri, ivangura, urwango no guheza, aba ashyira igihugu mu midugararo idashira. Ariko iyo ahisemo guhangana n’ibyo byose bitanya abaturage, aba ashyize igihugu mu nzira y’ubwiyunge n’iterambere, nk’uko u Rwanda rwabikoze.”

Yagaragaje ko umutekano w’igihugu ari ntavogerwa kandi ko Ingabo z’u Rwanda zihora ziteguye kurinda ubusugire bw’igihugu.

Ati “Tuzakomeza kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu n’abaturage bacu. Iyo umutekano wacu ubangamiwe, dufata ibyemezo n’ingamba zihamye dukoresheje ku buryo uwabigizemo uruhare yumva ingaruka zabyo.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Never Again Rwanda, Dr. Joseph Nkurunziza Ryarasa, yavuze ko nubwo abantu bashobora gutandukana mu bitekerezo, ibyo bitagomba kuba intandaro yo gusenya, ahubwo bikwiye kubyazwa umusaruro mu kubaka igihugu kirambye.

Ati “Ibidutanya ntibikwiye kudusenya, bikwiye kutubera inzira ikomeza demukarasi yacu.”

Abatanze ibiganiro barimo Dr. Frank Habineza uyobora Ishyaka rya Democratic Green Party, Dr. Félicien Usengumukiza, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RGB, na Dr. Jean Paul Kimonyo, Inararibonye mu bya politiki n’imiyoborere.

Bose bagarutse ku kamaro ko kugira abaturage bafite ubumenyi ku burenganzira bwabo, bagira uruhare mu byemezo bibafatirwa no mu kubaka igihugu kidaheza.

Photos:

[fluentform id="3"]