sangiza abandi

RDF yahakanye amakuru ashinja ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique ihohotera rishingiye ku gitsina

sangiza abandi

Igisirikare cy’u Rwanda cyahakanye amakuru yashinjaga ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, ibikorwa birimo gufata ku ngufu n’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Itangazo rya RDF ryasohotse ku mugoroba wo kuwa 16 Ukwakira 2024, rihamya ko ibyanditswe n’umunyamakuru Barbara Debout ukorera ibinyamakuru The New Humanitarian na Le Monde, ari ibinyoma bidafite ishingiro.

RDF isobanura ko mu kirego kivugwamo umusirikare w’Umunyarwanda wafashe ku ngufu uwitwa “Jeanne” ucuruza imboga n’imbuto mu kigo cyabo i Bangui muri 2023 ari ibinyoma, kubera ko “Ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda ntibyemera ko hari umusivili utanditse kandi udafite icyo ahakora kuhinjira, bityo nta hohoterwa ry’umuturage ryabera muri icyo kigo.”

RDF yongeye guhakana n’ikindi kivuga ihohotera rishingiye ku gitsina ryakorewe uwitwa “Grace w’imyaka 28″ mu mujyi wa Paoua ari ibinyoma, kubera ko “Nta basirikare b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bigeze boherezwa muri ako gace, bityo icyo kirego ntigifite ishingiro.”

RDF yahakanye n’ibindi birego bivugwamo ihohoterwa ryakorewe “abagore babiri i Ndassima,” muri 400Km uvuye i Bangui, nabyo ni ibinyoma kuko “Nta ngabo z’Abanyarwanda cyangwa izo mu butumwa bwa MINUSCA zigeze zoherezwa muri ako gace, bityo ibyo birego ntaho bishingiye.”

Igisirikare cy’u Rwanda gihamya ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina iryo ari ryo ryose rikorerwa abaturage ridashobora kwihanganirwa, kandi ko ifata mu buryo bukomeye ibirego byose bishinja ingabo z’u Rwanda ibikorwa nk’ibyo, ko biramutse bibaye bitakwihanganirwa, n’ubwo ibyatangajwe n’ibitangazamakuru byagaragaye ko ari ibinyoma.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]