sangiza abandi

Perezida Kagame yaganiriye n’icyamamare mu iteramakofe Carlos Takam

sangiza abandi

 Perezida wa Repubulika Paul Kagame,  yahuye n’umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga Carlos Takam, bagirana ibiganiro.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bikomeza bivuga ko muri iki cyumweru umuryango Carlos Takam Foundation wafunguye Ishuri Carlos Takam Boxing Academy i Kigali, rifite intego yo guteza imbere umukino w’iteramakofe muri Afurika. 

Bivuga kandi ko Carlos Takam kandi yahaye Perezida Kagame impano y’umukandara w’umwimerere w’Umukinnyi wegukanye Shampiyona y’Isi mu Iteramakofe (WBC World Champion) nko gushimira u Rwanda n’inshingano z’Umuryango [Carlos Takam Foundation].”

Carlos w’imyaka 44 yavukiye mu Mujyi wa Douala muri Cameroun.

Mu 2017, yahatanye mu marushanwa ya WBA, IBF na IBO mu bafite ibilo byinshi (heavyweight boxer).

Yamenyekanye cyane kubera guhatana n’abakinnyi bakomeye ku Isi nka Anthony Joshua, Joseph Parker n’abandi.

Photos:

[fluentform id="3"]