Umuraperi Fireman yateguje abakunzi be album ya kane yise ‘Bucyanayandi’, ikurikira izindi eshatu arizo Mama Rwanda, Itangishaka na Rap z’Ikinyarwanda.
Fireman yavuze ko iyi album izajya hanze tariki ya 25 Ukwakira 2024, ariko yirinze gutangaza umubare w’indirimbo zizaba ziyiriho n’abahanzi bandi bazayigaragaraho.
Uyu muraperi uherutse gusohora indirimbo yise ‘Umuvandimwe’ yahuriyemo na Niyo Bosco yasobanuye impamvu yari amaze igihe asa nutagaragara mu muziki, ari uko yarimo ategura kuri iyi album ye nshya.
Iyi ni album ya kane Fireman agiye gusohora nyuma y’iya mbere yise Mama Rwanda yari igizwe n’indirimbo zirimo Nyita Tuff, Ibyahishuwe, Ubuto bwanjye, Mama Rwanda n’izindi.
Album ye ya kabiri yayise ‘Itangishaka’ ndetse avuga ko yamuhinduriye ubuzima, yarigizwe n’indirimbo yakoranye n’abahanzi barimo Knowless Butera, Priscilla, Green P n’abandi.
Album ya gatatu ariyo yaherukaga gusohora yayise ‘Rap z’Ikinyarwanda’ yarigizwe n’indirimbo Original, Amaburakindi, Bihibindi n’izindi.





