sangiza abandi

AFC/M23 yigaruriye utundi duce muri Kivu y’Amajyaruguru

sangiza abandi

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ,ryigaruriye uduce tubiri duherereye muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Utu duce AFC/M23 yambuye FARDC n’abambari bayo ni Ruke na Mulema, ibi bikaba byarabaye ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki ya 06 Ukwakira 2025.

Amakuru aturuka ahaberaga imirwano avuga ko nyuma y’ifatwa ry’utu duce, uruhande rwa Leta rwahise ruhungira ahitwa Ngululu.

Iyi mirwano bivugwa ko yamaze umwanya utari muto kugira ngo uyu mutwe wa AFC/M23 wigarurire utwo duce.

Amakuru akomeza avuga ko iyo mirwano yatumye abaturage bakwira imishwaro barahunga, bamwe bahungira mu bihuru abandi n’abo berekeza mu Majyepfo ya teritware ya Masisi.

Nta mubare watangajwe w’abahitanywe cyangwa bakomerekeye muri iyo mirwano.

Luke na Mulema byigaruriwe n’uyu mutwe mu gihe imirwano yongeye gukaza umurego hagati ya AFC/M23 n’uruhande rwa Leta rugizwe n’Ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR.

Ni mu gihe uyu mutwe urwanya ubu butegetsi bwa RDC bivugwa ko uri gusatira gufata Teritwari za Shabunda na Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo, ibintu bigaragaraga ko ugiye kwinjira mu ntara ya Katanga.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka