sangiza abandi

U Rwanda na Samoa byasinyanye amasezerano y’imikoranire

sangiza abandi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Minisitiri w’Intebe wa Samoa, AfiogaFiamē Naomi Mata’afa, basinyanye amasezerena yo gushyiraho Ambasade mu bihugu byombi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 23 Ukwakira 2024, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Olivier Nduhungirehe ari muri Samoa, yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zo mu Muryango wa Commonwealth w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (CHOGM), ibaye ku nshuro ya 27.

Iyi nama yaherukanga kubera mu Rwanda muri 2022, muri iyi nama Perezida wa Repubulika Paul Kagame yari yatorewe kuyobora uyu muryango muri manda y’imyaka ibiri, akazaba ahererekanya izi nshingano n’Umukuru w’Igihugu cya Samoa.

Samoa ni igihugu gifite ubukungu bwubakiye ku buhinzi n’ubworozi aho uru rwego rutanga akazi ku barenga 2/3 by’abakozi bose.

Ni igihugu kandi cyakira ba mukerarugendo benshi bitewe n’ubwiza nyaburanga ndetse n’imiterere karemano yacyo, k’uburyo usanga ku mwaka bakira abarenga ibihumbi 180, bakahinjiriza arenga miliyoni 500 z’amadolari.

Ubufatanye bw’ibihugu byombi buzafasha mu buhinzi n’ubukerarugendo nka zimwe mu nzego zifatiye runini ubukungu bw’u Rwanda, ndetse byitezwe ko muri gahunda ya NST2, ubuhinzi buzazamukaho 6%, n’ubukerarugendo bukinjiza arenga miliyari y’amadolari.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]