Mu karere ka Kamonyi, mu muhanda w’amabuye Kamonyi -Runda -Ruyenzi habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Howo , igonga abantu barenga 10.
Iyo mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira 2025, ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Amakuru umunota wamenye ni uko iyo modoka ifite pulaki RAG379K (HOWO) yari ipakiye umucanga, yamanukaga Gihara yerekeza mu isantere ya Ruyenzi yagonze imodoka eshanu n’abantu cumi n’umwe .
Amakuru avuga ko harimo babiri bahise bitaba imana, abakomeretse cyane babiri nabo boherejwe ku Bitaro bya Kigali CHUK.
Andi makuru akomeza avuga ko hari abajyanwe ku ivuriro rya ‘ Lafrontire na UB Cartas naho abandi bajyanwe ku kigo Nderabuzima cya Gihara ngo bitabweho.
Gusa birakekwa ko impanuka yatewe no kubura feri kwa Howo.
Amakuru avuga ko uwari utwaye iyo kamyo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Runda.













