sangiza abandi

Ikipe ya RDC yitabiriye Giants of Africa i Kigali yafatiwe ibihano

sangiza abandi

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FEBACO) ryafashe icyemezo cyo guhagarika burundu abatoza bane,ndetse rihanisha bamwe mu bakinnyi ibihano bikomeye.

Ni nyuma yo kwitabira irushanwa mpuzamahanga rya Giants of Africa ryabereye i Kigali,muri Kanama 2025.

Ibi byatangajwe mu itangazo ryasohowe na FEBACO rivuga ko abo batoza n’abakinnyi bitabiriye iryo serukiramuco mu buryo bunyuranyije n’amategeko, birengagiza amabwiriza agenga uko abakozi b’ishyirahamwe n’abakinnyi bitabira amarushanwa yo hanze y’igihugu.

Abakinnyi bo bahagaritswe hagati y’amezi 12 n’imyaka ibiri, aho Gloire Tambwe Mwamba yahanwe bikomeye ahabwa imyaka ibiri kuko atari ubwa mbere akoze amakosa nk’ayo, ndetse akaba yaranigeze kwanga guhamagarwa mu ikipe y’igihugu.

Aba bose bashinjwa kwambara ibendera rya RDC no guhagararira igihugu muri gahunda mpuzamahanga batabifitiye uburenganzira bwemewe n’inzego zibishinzwe.

FEBACO yavuze ko kwitabira amarushanwa mpuzamahanga batabifitiye uruhushya, bibangamira imikorere y’ishyirahamwe,bikaba binahungabanya isura y’igihugu ku rwego mpuzamahanga.

Abatoza bane bahagaritswe burundu, bivuze ko batemerewe kongera kugira uruhare mu bikorwa bya basketball muri RDC,naho abakinnyi barimo abakinira ikipe y’igihugu bahagaritswe igihe cy’umwaka umwe.

Ibi bihano byafashwe nyuma y’iperereza ryakozwe ku buryo irushanwa ryitabiriwe, hakagaragara ko hari amakosa y’ubuyobozi ndetse no kwigomeka gukabije ku bakina basketball bo muri Diaspora.

Iki cyemezo cyafashwe cyakomeje gutera impaka mu bakunzi ba siporo, bamwe bavuga ko ari uguhana birenze urugero.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka