Amahirwe yo kujya mu Gikombe cya Afurika ku ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yiyongereye nyuma y’uko Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, Dr Patrice Motsepe, atangaje ko amakipe azitabira Igikombe cya Afurika cya 2027, kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganga, aziyongera akava kuri 24 akagera kuri 28.
Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe, yatangaje ibi mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu Gatatu tariki 23 Nyakanga 2026 muri Sandton Sun Hotel i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.
Umunya-Afurika y’Epfo Dr Motsepe yavuze ko amakipe yongerewe mu rwego rwo kurushaho gutuma irushanwa riryoha, nyuma y’uko rinahinduriwe igihe rizajya ribera, aho rizajya riba buri myaka 4 aho kuba buri myaka ibiri nk’uko byari bisanzwe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yongerewe amahirwe yo gusubira mu Gikombe cya Afurika iherukamo muri 2004 kuko amakipe yiyongereye azajya agikina.
Nk’ubu hari 12 yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, ubusanzwe hazamukaga amakipe 2 muri buri tsinda, ariko kuva amakipe yiyongereye hazajya hazamuka amakipe 2 ya mbere muri buri tsinda ndetse n’amakipe 4 azaba yabaye aya gatatu ariko yaratsinzwe neza (Best loosers).
U Rwanda ruri mu itsinda K mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika hamwe na Mali, Cape Verde na Liberia. Mu gihe Amavubi yasabwaga kuzaba aya mbere cyangwa aya kabiri mu itsinda, ubu birashoboka ko abaye aya gatatu mu itsinda n’ubundi ashobora kubona itike y’Igikombe cya Afurika mu gihe yaba yaratsinzwe neza.
Amavubi azatangira imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika akina na Liberia tariki 23 Nzeri 2026 kuri Sitade Amahoro.
Ku ngingo y’uko imbata y’Igikombe cya Afurika izaba imeze amakipe naba 28, CAF ntiyagize icyo ibivugaho, ariko bitekerezwa ko hazakorwa amatsinda 7 y’amakipe 4.
Uretse ibi bijyanye n’Igikombe cya Afurika mu bagabo, Dr Motsepe yavuze ko n’ibihembo by’Igikombe cya Afurika mu bagore byiyongereye bikava kuri miliyoni $1, bikikuba inshuro 2 bikaba miliyoni $2 ku ikipe yatwaye igikombe ugereranyije n’ayahawe Nigeria yatwaye igikombe giheruka cya 2024.
Dr Motsepe yavuze ko buri kipe izitabira iki Gikombe kizakinwa kuva tariki 25 Nyakanga kugeza tariki 16 Kanama 2026 n’ubundi kikabera muri Maroc, izabahabwa ibihumbi $150 ($150,000) aho kuba ibihumbi $125 ($125,000) byahawe amakipe yitabiriye irushanwa ry’ubushize.
Dr Motsepe yanavuze ko atazakomeza kuyobora CAF nyuma y’uko manda ze ibyeri zizaba zirangiye muri 2029.
Dr Motsepe yayoboye CAF kuva muri 2021, atorerwa manda ya kabiri muri 2025 izamugeza muri 2029.









