Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, Ntwari Fiacre, agiye kumara amezi abiri adakina nyuma yo kubagwa imvune y’urutugu yari amaranye igihe.
Ntwari Fiacre usanzwe akinira ikipe ya Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, yabazwe iyi mvune kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Ugushyingo 2025, nyuma y’igihe kinini yari ayimaranye.
Igikorwa cyo kubaga uyu mukinnyi cyabereye muri Afurika y’Epfo, ndetse kigenda neza, nk’uko benshi bagiye bifashisha imbuga nkoranyambaga zabo bamwifuriza gukira no kugaruka gukina vuba.
Imvune y’urutugu Fiacre yari ayimaranye igihe ndetse yagiye imukoma mu nkokora ku mikino imwe n’imwe, haba mu Mavubi no mu ikipe ya Kaizer Chiefs, igatuma adatanga umusaruro yifuzwaho.
Biteganyijwe ko nyuma yo kubagwa uyu musore azasubira mu kibuga nyuma y’amezi abiri.







