sangiza abandi

Urukiko rwanze ubujurire bwa Kalisa Adolphe ’Camarade’

sangiza abandi

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwanze ubujurire, rutegeka ko Kalisa Adolphe ’Camarade’ wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ubushinjacyaha bumurega kunyereza umutungo no gukoresha inyandiko mpimbano.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 kuko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha.

Gusa yaje kujuririra icyo cyemezomu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, asaba ko yafungurwa agakurikiranwa ari hanze.

Icyemezo cyatangajwe ku wa wa 20 Ugushyingo 2025, kigaragazo Urukiko rutahaye ishingiro ubujurire bwe, rutegeka ko akomeza gufungwa.

Rwanagaragaje ko urubanza rwamaze kuregerwa mu mizi, kugira ngo uregwa aburane ku byaha ashinjwa.

Kalisa Adolphe ’Camarade’ yabaye Umunyamabanga wa FERWAFA kuva muri Kanama 2023 inshingano yavuyemo ku wa 30 Kanama 2025 asimbuwe na Mugisha Richard .

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]