Polisi ikorera mu Karere ka Musanze mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 4 Mutarama 2026, yarashe umwe mu bagerageje kuyirwanya .
Polisi yari mu bikorwa byo gucunga umutekano mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Cyabararika, Umurenge Muhoza.
Amakuru avuga ko yatabajwe kugira ngo iteshe abari barimo gukora ibikorwa bitemewe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Abapolisi batabaye ,basanze itsinda ry’abantu bagera kuri 40 bari bitwaje amapiki n’ibitiyo, bagerageza guhangana nabo, biviramo umwe muri aba bagizi ba nabi kuraswa ahasiga ubuzima.
Aho byabereye ni mu cyanya gikomye giherereye hagati y’Umurenge wa Muhoza na Gacaca yo mu Karere ka Musanze.
Umuvuzi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace, avuga ko uwarashwe na polisi byatewe n’uko bagerageje kuyirwanya.
Yagize ati “Mu ma saa 02h00 z’ijoro itsinda ry’abagizi ba nabi babarirwa muri 40, bitwaje imihoro, ibitiyo, amasuka n’ibindi basagariye abapolisi bari mu kazi mu kagali ka Cyabararika, Polisi irababurira, irasa mu kirere baratatana umwe muri bo agwa mu mukoki, arafatwa.”
Bagenzi be bagaruka baje kumwambura abapolisi, ari na ko babatera. Abapolisi bari mu kazi, bongeye kurasa mu kirere bababurira ubugira kabiri, abo bagizi ba nabi barushaho gukaza umurego basatira abapolisi, nibwo umwe muri abo bagizi ba nabi yarashwe ahasiga ubuzima, abandi barahunga.”
Akomeza agira ati “Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abaturage kubahiriza amategeko, kandi bakirinda gusagarira inzego zishinzwe kugenzura uko amategeko yubahiriza.”







