Urukiko rwa Nyarugenge rwemeje ko urubanza rurebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Arnaud Shema, wamenyekanye nka DJ Toxxyk, rusubikwa, nyuma y’uko uregwa agaragaje ko atiteguye kuburana.
Uru rubanza rwabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Mutarama 2025, ku rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge saa tatu za mu gitondo.
DJ Toxxyk uri mu bavangamiziki bagezweho mu Rwanda, yatawe muri yombi tariki ya 21 Mutarama 2025, nyuma yo kugonga umupolisi wari mu kazi ka nijoro agahita apfa.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Dj Toxxyk akurikiranyweho ibirego birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge, kwanga gupimishwa akuma gapima uwanyoye ibisindisha no guhunga nyuma yo gukora impanuka.
Mu iburanishwa ku ifunga n’ifungurwa ryabaye uyu munsi, urukiko rwa Nyarugenge rwanzuye ko urubanza rusubikwa rukazasubukurwa ku wa 14 Mutarama 2026.
Ni icyemezo kigamije guha uregwa n’abamwunganira umwanya wo kwitegura neza, hashingiwe ku mpamvu y’uko Dj Toxxyk yagaragaje ko atiteguye kuburana.






