Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya basketball y’abatarengeje imyaka 18 mu bangavu, yasezerewe muri 1/2 n’ikipe y’igihugu ya Kenya ku manota 78-74 mu mikino y’akarere ka 5 yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika iri kubera i Cairo mu Misiri.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Nyakanga 2026 nibwo ikipe y’u Rwanda n’ikipe ya Kenya zatanye mu mitwe nyuma yo guhura hagati y’amakipe ane (4) yitabiriye iyi mikino arimo Tanzania na Misiri.
Muri iyi mikino, u Rwanda rwari rwatsinze Kenya amanota 77-66, rutsindwa na Tanzania amanota 60-58, ndetse runatsindwa na Misiri amanota 80-39.
Ibi byatumye Misiri irangiza ari iya mbere, ikurikirwa n’u Rwanda, Kenya iba iya gatatu naho Tanzania iba iya kane, nk’ibisanzwe muri 1/2 ikipe ya mbere yahuye n’ikipe ya kane naho ikipe ya kabiri ihura n’iya gatatu.
Muri iyi mikino iri kubera muri Cairo Stadium Indoor Hall 2, Kenya yitwaye neza mu gice cya mbere cy’umukino ari nabyo byatanze itandukaniro kuri uyu mukino kuko u Rwanda rwananiwe gukuramo amanota y’ikinyuranyo yari yagiyemo.
Mu gace ka mbere Kenya yatsinze amanota 18-17, mu ka kabiri itsinda amanota 26-23 naho mu gace ka gatatu n’aka kane amakipe yombi anganya amanota 17-17.
Umukino muri rusange warangiye ikipe y’igihugu ya Kenya isezereye ikipe y’Igihugu y’u Rwanda iyitsinze amanota 78-74.
N’ubwo ikipe y’u Rwanda y’umutoza Munyaneza Joseline yatsinzwe ariko abakinnyi barimo Kwitonda Teta Nicole watsinze amanota 15, Atete Laissa Ndaruhutse watsinze amanota 19 na Gaju Kaylia Chalva watsinze amanota 14 bari bagerageje kwitwara neza muri uyu mukino.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo iyi mikino y’Akarere ka Gatanu iri busozwe hakinwa umukino wa nyuma uhuza Kenya na Misiri, naho u Rwanda rurasubira mu kibuga rukina na Tanzania saa 19:30 ku isaha y’i Kigali bahatanira umwanya wa gatatu.
Ikipe iba iya mbere hagati ya Kenya na Misiri irahita ibona itike y’imikino y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire kuva tariki 5 Kanama kugeza tariki 16 Kanama 2026.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu ntabwo ariyo gusa iri mu Misiri kuko n’ikipe y’ingimbi iriyo n’ubundi mu mikino y’akarere ka Gatanu mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.
Ikipe y’u Rwanda mu ngimbi yo yabashije kugera ku mukino wa nyuma itsinze ikipe y’igihugu ya Uganda muri 1/2 amanota 70-65 ndetse biyihesha kubona itike y’Igikombe cya Afurika hamwe n’ikipe ya Misiri nayo yageze ku mukino wa nyuma.
Kuri uyu Gatatu iyi mikino nayo irasozwa, saa 12h00 ikipe ya Sudani y’Epfo na Uganda zirakina zihatanira umwanya wa gatatu naho ikipe ya Misiri n’ikipe y’u Rwanda zikine saa 14h30 zihatanira umwanya wa mbere.








