sangiza abandi

Gisagara : Abantu 3 bakurikiranyweho gufata ku ngufu umugore

sangiza abandi

Abantu batatu bo mu karere ka Gisagara, bakurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko iki cyaha aba basore babiri n’umugabo umwe bakekwaho, bagikoze ku wa 26 Ukuboza 2025, mu Mudugudu wa Giseke, Akgari ka Cyamukuza,Umurenge wa Ndora mu karere ka Gisagara, ubwo bahuriraga mu nzira atashye.

Mu ibazwa ryabo, abakekwa bavuga ko “bahuriye n’uwo mugore mu nzira bavuye kunywa inzoga, umwe aramufata amuhirika hasi nyuma yo kumukubita inkoni.”

Abakekwa babwiye ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye ko ” Bamufashe amaboko n’amaguru bakamusambanya bakumva umuntu wari unyuze muri iyo nzira bakiruka. Bavuga ko babitewe n’ubusinzi.”

Icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato bakurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 134 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Photos:

[fluentform id="3"]