sangiza abandi

Mu myaka 10 Miliyari zirenga 16 Frw zinjijwe n’ibigo bikora Ibaruramari

sangiza abandi

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje  ko ibigo bikora Ibaruramari mu Rwanda byinjije Miliyari 16,315Frw mu mwaka wa 2024 avuye kuri Miliyari 3,830 Frw muri 2014.

Ibi ni ibyagaragajwe mu ncamake y’ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, ku bikorwa bitandukanye mu Rwanda mu mwaka wa 2024, ikubiyemo amakuru ku miterere y’imikorere y’ibigo bikora imirimo itandukanye.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko muri uwo mwaka wa 2024, ibigo by’Ibaruramari byasohoye amafaranga 13,770Frw avuye kuri 3,696Frw mu 2014.

NISR ivuga ko mu mwaka wa 2024, inganda zinjije Miliyari 3,559 frw avuye kuri Miliyari 1,171 Frw mu 2015. Ni mu gihe izindi serivisi zose ari Miliari 10,429 Frw, avuye kuri miliyari 2,925 Frw mu 2015.


Muri ubu bushakashatsi kandi byagaragaye ko ubumenyi mu itumanaho hakoreshejwe indimi z’amahanga hamwe n’ubumenyi buhanitse cyangwa bwihariye mu ikoranabuhanga ari byo biri ku isonga mu bibazo by’icyuho cy’ubumenyi mu bayobozi b’ibigo

NISR ivuga ko Mu mwaka wa 2024; 87,0% by’ibigo nibyo bitabaruraga ibikorwa byabyo ku buryo buhoraho mu Rwanda.

Ni mu gihe 11,4% by’ibigo bibarura ibyo bikora na 19,6% mu bitabarura ibyo bikora bigaragaza ko ingwate idahagije ari mbogamizi yo kugera ku nguzanyo.

Iki kigo kivuga ko 18,7% by’ibigo bibarura ibyo bikora ugereranyije na 18,1% by’ibigo bitabarura ibyo bikora
byakoresheje umutungo bwite nk’inkomoko y’imari.

Muri 2024; 3,6% by’ibigo bibarura ibyo bikora na 0,06% by’ibigo bitabarura ibyo bikora
nibyo byakoze ubucuruzi mpuza mahanga.

NISR Itangaza ko 62,6% by’inganda zitunganya ibikoresho binyuranye bivuga ko bidakoresha
ubushobozi bwazo bwose. Impamvu nini ni ukugira abakiriya bake ndetse n’imbogamizi ku bikoresho by’ibanze.

Ni mu gihe 6,1% by’ibigo byandika ibyo bikora byerekana ko kubura amafaranga ari cyo kibazo nyamukuru kibangamira guha abakozi amahugurwa.

Mu kubungabunga ibidukikije, 78,1% by’ibigo bibarura ibyo bikora na 51,7% by’ibigo bitabarura ibyo bikora byishyura umuntu cyangwa ikigo ngo batware imyanda yaturutse mu mirimo itandukanye bikora.

NISR ivuga ko ikoreshwa ry’ingufu z’amashanyarazi ndetse n’izikomoka ku zuba rikomeje kwiyongera. 7,4% by’ibigo bibarura ibyo bikora na 6,0% by’ibigo bitabarura ibyobikora nibyo bikoresha ingufu zikomoka ku zuba.

Photos:

[fluentform id="3"]