Sosiyete ikora ubwikorezi bwo mu kirere , RwandAir, yatangaje ko yasubitse urugendo rw’indege WB300/WB 303 ndetse na WB304/WB304/WB 305 ruva , rukanajya Doha na Dubai.
RwandAir ntabwo yahise itangaza icyateye gusubika urwo rugendo.
Mu itangazo ryayo , ivuga ko igisuzuma ibyabaye , ikazatanga amakuru.
RwandAir yasabye abakiriya bayo kwihangana, bagashyira urugendo ku yindi tariki .
Amakuru avuga ko ingendo zijya/ziva i Doha na Dubai zahagaritswe by’agateganyo kubera umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ibitero bya Israel na Iran byongeye gukaza umurego kuva ku munsi w’ejo , aho Iran yasubije ibitero yari yagabwe na Israel.
Ubwo Iran yatangiraga gusubiza, ibihugu byegeranye birimo Qatar, Kuwait, Syria na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byafunze ikirere cyabyo, kuko zimwe muri misile na drones bya Iran byerekeza muri Israel biri kukinyuramo.
Minisiteri y’Ingabo ya UAE yatangaje ko iki gihugu cyagabweho igitero cya misile, zipfubirizwa mu kirere cyo mu mujyi wa Abu Dhabi, ibimene byazo bica umuntu umwe.








