Umunyarwandakazi Florence Niyonkuru yegukanye umudari w’umuringa (Bronze Medal) mu mikino ya Commonwealth iri kubera Glasgow muri Ecosse mu cyiciro cyo gusiganwa ku maguru ku ntera ya metero ibihumbi 10 (10,000 m), bimugira umunyarwanda wa mbere wegukanye umudari muri iyi mikino.
Niyonkuru yegukanye uyu mudari nyuma yo kuba uwa gatatu inyuma y’umunya-Australia Rose Davies n’umunya-Kenya Diana Wanza akoresheje iminota 31, amasegonda 55 n’amatsiyerisi 47.
Niyonkuru niwe munyarwanda gusa wahatanye muri iki cyiciro mu bahatanwaga 14.
Imikino ya Commonwealth ihuza ibihugu byakoronijwe n’u Bwongereza iri kubera Glasgow kuva tariki 23 Nyakanga kugeza tariki 2 Kanama 2026, yitabiriwe n’ibihugu 21 biturutse ku migabane itandukanye yo ku Isi.
Ni ku nshuro ya 5 u Rwanda ruri kwitabira iyi mikino iba buri myaka 4 kuva muri 2010 rwayitabira bwa mbere.
U Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 10 mu mikino 3 itandukanye harimo abakinnyi batandatu (6) bo gusiganwa ku maguru mu bagore, umukinnyi umwe wo guhatana muri judo mu bagabo, abagabo babiri basiganwa mu koga n’umugore umwe usiganwa mu koga, muri rusange harimo abagabo batatu (3) n’abagore barindwi (7).











