Umutoza Haringingo Francis Christian uherutse gutangazwa nk’umutoza mushya w’ikipe ya Rayon Sports, ari mu mayira abiri nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports imureze kutubahiriza amasezerano bafitanye.
Amakuru y’uko Haringingo atemerewe gutoza Rayon Sports yemejwe n’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Bonnie Mugabe , mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa Kane, tariki 02 Mata 2026, aho yavuze ko ikipe y’urucaca(Kiyovu Sports) yamaze kuregera FERWAFA iyimenyesha ko ifitanye ikibazo na Haringingo aho imushinja gusesa amasezerano binyuranyije n’amategeko.
Ati “Kiyovu Sports yatumenyesheje ko ifitanye ikibazo n’umutoza wayo Haringingo Francis, idusaba kutamuha License yo gutoza indi kipe yaba mu Rwanda no hanze.”
Akomeza avuga ko kuri ubu abanyamategeko ba FERWAFA binjiye muri iki kibazo kugirango kivugutirwe umuti.
Ati “Kiyovu yamenyesheje FERWAFA icyo kibazo, ubu abanyamategeko ba FERWAFA barimo gusuzuma iyi dossier”
Mu mpera za Werurwe 2026, ni bwo Haringingo yandikiye ibaruwa ubuyobozi bwa Kiyovu Sports abumenyesha ko yifuza gusesa amasezerano y’imyaka ibiri yari afitanye n’iyi kipe , ariko Kiyovu Sports imutera utwatsi ko bidashoboka ko yagenda hagati mu mwaka w’imikino.
Tariki ya 31 Werurwe 2026, ni bwo Rayon Sports yatangaje Haringingo nk’umutoza mukuru wayo, ariko ibikora Kiyovu Sports irimo gukubita agatoki ku kandi ndetse kuri ubu yamaze gutanga ikirego muri FIFA ivuga ko uwari umutoza wayo Haringingo Francis yasheshe amasezerano impande zombi zitabyumvikanyeho.
Amategeko ya FIFA avuga iki ku mutoza wishe amasezerano
Iyo umutoza byemejwe ko yasinyiye ikipe kandi agifite amasezerano mu yindi kipe, ashobora guhanishwa gucibwa amande, cyangwa se guhagarikwa igihe runaka adatoza, bivuze ko aha Rayon Sports na Kiyovu Sports zombi nta n’imwe yatoza.
Ku ikipe yamusinyishije ubw ni Rayon Sports, ibizi neza ko afite amasezerano mu yindi kipe, ariyo Kiyovu Sports ishobora guhanishwa gucibwa amande, cyangwa se guhagarikwa gusinyisha abakinnnyi bashya iyo bigaragaye ko atari ubwa mbere ibikoze.







