sangiza abandi

Volleyball: APR yatsikiye, Police, Kepler na REG zitwara neza: Umunsi wa nyuma w’amatsinda ya Shampiyona Nyafurika 

sangiza abandi

Imikino y’amatsinda muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, yasojwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026. Hakinwe umunsi wayo wa nyuma utahiriye APR VC yari itaratsindwa iratsikira, uhira Kepler VC na REG VC zari zaratakaje umukino umwe mbere, Police VC ikomeza kwema isoza idatsinzwe.

Aya makipe uko ari ane ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 47, yitwaye neza muri rusange kuko ku mukino wa Gatanu usoza iy’amatsinda, Police VC yatsinze Kenya Ports Authority amaseti 3-2  (25-20, 20-25, 25-19, 21-25, 15-12).

Uyu mukino yatsinze yifashishije kamarampaka, watumye isohoka mu itsinda C yemye  iriyoboye n’amanota 14, idatsinzwe umukino n’umwe muri itanu yakinwe. Ni yo kipe mu zihagararaiye u Rwanda yabashije gusoza iyoboye itsinda.

Ni mu gihe Kepler VC yaherukaga gutakaza umukino ku munsi wa kane, iyi nshuro yitwaye neza kuko yatsinze Equity Bank Volleyball Club yo muri Kenya amaseti 3-1 (19-25, 20-25, 25-23, 18-25) isoza ku mwanya wa Kabiri mu itsinda B n’amanota 12.

REG VC na yo iheruka gutsindwa umukino ubanza, igashimangira ko ikurikira yafashe ingamba, yasoje amatsinda  inyagira Kalibi SC yo muri Ghana, amaseti 3-0 (25-19, 25,22, 25-23), isoza imikino y’amatsinda  ku mwanya wa Kabiri mu itsinda D n’amanota 12.

APR VC yari imaze imikino ine idatsindwa yo yagowe n’umikino wa nyuma itsindwa na Petrojet yo mu Misiri, amaseti 3-0 (18-25, 18-25, 27-29) mu mukino waherekeje indi yose waberaga muri BK Arena, isoza ku mwanya wa Gatatu mu itsinda A n’amanota 11.

Mu makipe 24 yari agabanyijwe mu matsinda ane buri rimwe rifite 6, hakomeje 16 azakina ⅛ cy’irangiza, andi arasezerewa. Muri 16 yakomeje, ane yose ahagarariye u Rwanda arimo kandi ari mu myanya myiza.

Amakipe yafashe akaruhuko kuri uyu wa Kabiri, azagaruka mu kibuga kuri uyu wa gatatu tariki ya 29 Mata 2026, akina imikino ya ⅛.

Imikino y’amatsinda imaze iminsi 6 ikinwa kuva ku wa 22 Mata 2026. Dore uko amatsinda yari ameze:

APR VC  yari mu itsinda A kumwe na Black Rhinos yo muri Zimbabwe, Litto Team Volleyball yo mu gihugu cya Cameroun, Nemo Stars VC yo muri Uganda, Nigeria Customs Service, na Petrojet SC yo mu Misiri.

Kepler VC yoyari mu Itsinda B, ririmo Al Ahly SC yo mu Misiri, Cameroun Sports Volleyball, SPORT-S VC yo muri Uganda,  AS INJS yo muri Côte d’Ivoire], na  Equity Bank VC yo muri Kenya.

Police VC yo yakinnye mu Itsinda C, ririmo Faith Union Sport yo muri Maroc,  Kenya Ports Authority, Wolaitta Volleyball yo muri Ethiopia], Prisons VC yo muri Tanzania, ndetse na Ghana Army.

Ni mu gihe REG VC yo yari iri mu itsinda rya nyuma D, iri kumwe na General Service Unit VC [Kenya], Port Autonome De Douala [Cameroun], Atlético Clube Do Mindelo [Cape Verde], Rukinzo VC [Burundi], Kalibi SC [Ghana].

Photos:

[fluentform id="3"]