Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yasabye abo mu mutwe ushinzwe imyitwarire myiza mu ngabo (Military Police Brigade), kuba intangarugero mu kubungabunga indangagaciro z’igisirikare cy’u Rwanda.
Ni ubutumwa yabageneye mu muhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare bo muri uyu mutwe, wabereye mu kigo cya gisirikare cya Kanombe, ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026.
Gen Mubarakh yashimiye abarangije ayo mahugurwa, anagaragaza akamaro ko gukomeza kwitoza no kongera ubumenyi mu rwego rwo kongera ubunyamwuga mu Ngabo z’u Rwanda.
Yabasabye kandi gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza no kuba intangarugero mu kubungabunga indangagaciro z’Ingabo z’u Rwanda.
Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga yanaboneyeho gufungura ku mugaragaro ibikorwa remezo bishya bya siporo ndetse n’ibifasha abasirikare mu myitozo.
Ibi bikorwa birimo ibibuga bya basketball, volleyball na netball, ndetse na gym igezweho, ashimangira uruhare rwabyo mu kongerera abasirikare imbaraga z’umubiri no guteza imbere ubunyamwuga.















