U Rwanda rwisanze mu Itsinda K hamwe na Mali, Cape Verde na Liberia mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganda.
Ni nyuma ya tombola y’uko amakipe y’ibi bihugu azahura, yabereye i Cairo mu misiri, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026.
Amakipe y’ibihugu 48 agabanyije mu matsinda 12 agizwe n’amakipe 4, ni yo azitabira iyi mikino iteganyijwe hagati ya Nzeri 2026 na Werurwe 2027.
Imikino y’umunsi wa mbere n’uwa kabiri y’amatsinda izakinwa kuva tariki ya 21 Nzeri kugeza ku wa 6 Ukwakira 2026.
Ni mu gihe iy’uwa gatatu n’uwa kane yo izakinwa kuva tariki ya 9- 17 Ugushyingo 2026, iya nyuma igakinwa kuva tariki ya 22 – 30 Werurwe 2027
U Rwanda rwiteguye gushaka itike y’Igikombe cya Afurika nyuma yo gutakaza amahirwe mu mikino iheruka yo gushaka itike y’icya 2026, aho rwasezerewe rusoje ku mwanya wa 3 mu itsinda D hamwe na Nigeria na Benin zabonye itike, ndetse na Libya yasezerewe nka rwo.
Kuri iyi nshuro, u Rwanda ruzahangana na Mali ya 10 muri Afurika ikaba iya 54 ku isi, Cape Verde ya 13 muri Afurika ikaba iya 67 ku Isi ndetse na Liberia iri ku mwanya wa 141 ku isi ikaba iya 41 muri Afurika. Ni mu gihe Amavubi, ari ku mwanya wa 40 muri Afurika akaba ku w’128 ku Isi.
U Rwanda ruheruka guhura na Liberia muri Nzeri 2007, ruyitsinda ibitego 4-0, mu gihe ibiri ruheruka gukina na Cape Vedre zaguye miswi, ariko rukaba rutaratsinda Mali mu mikino itatu iheruka.
Imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027 Amavubi agiye guhatanira kugaragaramo, iteganyijwe gukinwa hagati ya tariki 19 Kamena na 17 Nyakanga 2027 ikabera mu bihugu by’abaturanyi bya Kenya, Uganda na Tanzania, ku makipe azaba yabonye itike.
Mu gukaza imyiteguro, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, iri kwitegura imikino ya gicuti izabera muri Maroc, irimo uwa Tanzania n’uwa Comores, iteganyijwe mu gihe amakipe azaba ari mu karuhuko hakinwa amarushanwa arimo n’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Aba bakinnyi bazotwa na Stephen Constantine, baheruka gukina muri Werurwe 2026, ubwo bakinaga imikino ya gicuti ya FIFA Series 2026, aho banegukanye igikombe nyuma yo gusoza iyi mikino bayoboye Itsinda A.









