sangiza abandi

RSSB Tigers yateguye igitaramo cyo kwishimana n’Abanyarwanda

sangiza abandi

Ikipe ya RSSB Tigers yateguye igitaramo cyo kwishimana n’Abanyarwanda bayishyigikiye mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2026, irushanwa risoza shampiyona y’amakipe akomeye ya Basketball muri Afurika.

Iki gitaramo kizabera ku mbuga ya Kigali Convention Centre, ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026, aho kwinjira bizaba ari ubuntu.

Iki gikorwa cyiswe “BAL Champions Celebration Concert” cyateguwe mu rwego rwo gusangira ibyishimo n’abakunzi b’umukino wa Basketball ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, nyuma y’aho RSSB Tigers yanditse amateka ikaba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye igikombe cya BAL.

Mu butumwa RSSB Tigers yasangije ku mbuga nkoranyambaga, yatumiye Abanyarwanda bose kuzifatanya n’iyi kipe mu kwishimira iyi ntsinzi.

Iki gitaramo kizatangira guhera saa kumi z’umugoroba (4:00 PM), kizataramamo abahanzi bakomeye barimo Ariel Wayz, Juno Kizigenza, Kivumbi King, Bulldogg, Kenny Sol na Angel Mutoni.

RSSB Tigers yegukanye igikombe cya BAL 2026, ku wa 31 Gicurasi 2026, nyuma yo gutsinda ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90 kuri 88 mu mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena i Kigali.

Iyo ntsinzi yahise iyigira ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye iri rushanwa ryashinzwe ku bufatanye bwa NBA na FIBA Africa.

Urugendo rwa RSSB Tigers muri BAL 2026 rwashimishije benshi, kuko iyi kipe yagaragaje imikinire iri ku rwego rwo hejuru kuva mu matsinda kugeza ku mukino wa nyuma.

Mu mikino ya kamarampaka yari yasezereye FUS Rabat yo muri Maroc ndetse ikuramo Al Ahly yo mu Misiri mbere yo gutsinda Petro de Luanda ku mukino wa nyuma.

Craig Randall II wakiniraga RSSB Tigers yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa (MVP) nyuma yo kwitwara neza mu mikino yose ya BAL 2026.

Photos:

[fluentform id="3"]