sangiza abandi

APR FC yasinyishije rutahizamu Uwiyaremye Fidali

sangiza abandi

Ikipe ya APR FC yatangaje rutahizamu Uwiyaremye Fidali nk’umukinnyi wayo mushya, aho avuye mu ikipe ya Kiyovu Sports.

Uwiyaremye yerekeje muri APR FC nyuma yo kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino mu ikipe ya Kiyovu Sports, aho yagize uruhare mu bitego birenga 15 mu marushanwa yose, harimo ibitego 11 yatsinze muri Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League.

Kwitwara neza muri Kiyovu Sports, byahesheje Uwiyaremye guhamagarwa bwa mbere mu ikipe y’igihugu nk’uru y’u Rwanda “Amavubi” iherutse gukorera umwiherero mu Misiri, yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cya 2027.

Uwiyaremye Fidali yerekeje muri APR FC nyuma y’uko yari amaze umwaka n’amezi atandatu ari mu ikipe ya Kiyovu Sports yagezemo ari intizanyo ya Intare FC, ibi bivuze ko ari nk’umwana usubiye mu rugo kuko Intare FC ari ikipe y’abato ya APR FC.

Uwiyaremye Fidali abaye umukinnyi wa kane muri rusange ikipe ya APR FC isinyishije, aba umukinnyi wa gatatu w’Umunyarwanda winjiye muri iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Abandi Banyarwanda bamaze gutangazwa na APR FC nk’abakinnyi bayo bashya barimo Ishimwe Christian wavuye muri Police FC na Rubuguza Jean Pierre wavuye muri Gicumbi FC, naho umukinnyi w’umunyamahanga wamaze gusinya ni Amani Kouadiokan Michel Breygeneve wavuye muri AFAD Djékanou y’iwabo muri Côte d’Ivoire

Uwiyaremye Fidali yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa APR FC avuye muri Kiyovu Sports

Photos:

[fluentform id="3"]