sangiza abandi

Muhoza Daniel yerekeje muri Rayon Sports avuye muri Etoile de l’Est

sangiza abandi

Umukinnyi ukiri muto ukina asatira izamu, Muhoza Daniel yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports avuye muri Etoile de l’Est yakiniraga nyuma yo kuyifasha kuzamuka mu cyiciro cya mbere.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2026 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje Muhoza Daniel nk’umukinnyi wayo mushya nyuma y’uko byari bimaze igihe bivugwa.

Muhoza Daniel yamenyekanye mu mwaka w’imikino wa 2023/24 ubwo Etoile de l’Est yamanukaga mu cyiciro cya kabiri.

Icyo gihe Muhoza yasoje umwaka w’imikino ari mu bakinnyi bahataniye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka ukiri muto.

Muhoza Daniel yamanukanye na Etoile de l’Est ndetse nyuma y’imyaka ibiri yongeye kuyifasha kuzamuka mu cyiciro cya mbere nyuma yo kuyitsindira ibitego 10 mu cyiciro cya kabiri ndetse bimugira umukinnyi wa 4 watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’u Rwanda y’icyiciro cya kabiri.

Muhoza abaye umukinnyi wa 9 Rayon Sports itangaje ko yasinyishije nyuma y’uko Shampiyona irangiye, akaba abaye umukinnyi wa 6 w’umunyarwanda winjiye muri iyi kipe.

Photos:

[fluentform id="3"]