sangiza abandi

Rayon Sports yatangaje ikipe izakina na yo kuri ‘Rayon Day’

sangiza abandi

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina n’ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya ku munsi ngarukamwaka wa “Rayon Day” uzaba tariki 18 Nyakanga 2026 muri Sitade Amahoro.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki 28 Kamena 2026, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina na Gor Mahia ku munsi w’Igikundiro nk’uko byari bimaze iminsi bihwihwiswa.

Mu kumenyesha abakunzi bayo iby’ikipe izakina nayo, Rayon Sports yaboneyeho no kubibutsa gahunda ya “Ubururu bwacu, Agaciro Kacu” aho abafana bakusanya amafaranga yo kugura umukinnyi buri uko umwaka w’imikino ugiye gutangira.

Rayon Sports ikaba yifuza gusinyisha umukinnyi ukina nka rutahizamu kandi mwiza ku buryo azayifasha kwitwara neza mu mikino iri imbere nk’uko byatangajwe na Perezida wayo w’inzibacyuho, Murenzi Abdallah.

Kugeza ubu Rayon Sports imaze gusinyisha abakinnyi 10 kuva Shampiyona yarangira barimo abakinnyi 6 b’Abanyarwanda ndetse n’abakinnyi bane b’abanyamahanga.

Gor Mahia yo muri Kenya izakina na Rayon Sports ntabwo ari ikipe isanzwe kuko imaze gutwara ibikombe 22 bya Shampiyona ya Kenya birimo na Shampiyona y’uyu mwaka, yatwaye ibikombe 8 by’Igihugu, FKF Cup, yatwaye ibikombe bya CECAFA Kagame Cup 3 ndetse n’ibindi.

Photos:

[fluentform id="3"]