Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Nyakanga 2026, amakipe 9 yo mu Rwanda harimo amakipe 5 y’abagabo n’amakipe 4 y’abagore arahurira mu irushanwa ngarukamwaka rya volleyball rigamije kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora k’u Rwanda uzaba tariki 4 Nyakanga 2026.
Amakipe 5 azitabira iri rushanwa mu cyiciro cy’abagabo ni amakipe ya Police VC, REG VC, APR VC, Kepler VC na Gisagara VC naho amakipe azitabira mu bagore ni Police WVC, RRA WVC, Kepler WVC na APR WVC.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamena 2026 nibwo amakipe yamenye uko azakina mu matsinda mu byiciro byombi.
Mu bagabo, amakipe yagabanyijwe mu matsinda 2 aho mu itsinda rya mbere harimo ikipe ya Police na REG VC naho mu itsinda rya kabiri hakabamo ikipe ya APR VC, Kepler VC na Gisagara VC.
Imikino yo mu matsinda irakinwa kuri uyu wa Gatatu muri Petit Stade i Remera, ubwo mu Rwanda araba ari ikiruhuko ku bakozi mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’Ubwigenge.
Gahunda y’imikino yo kuri uyu wa Gatatu mu bagabo:
Gisagara 11:30 APR VC
Kepler VC 14:00 APR VC
Gisagara VC 16:30 Kepler VC
Police VC 19:00 REG VC
Mu bagore ntabwo hazakinwa imikino y’amatsinda ahubwo hazahita hakinwa imikino ya 1/2 izagena amakipe yerekeza ku mukino wa nyuma.
Iyi mikino izakinwa ku wa Kane tariki 2 Nyakanga 2026 muri Petit Stade aho saa 11:30 Police WVC izakina na RRA WVC naho saa 14:30 Kepler WVC ikazakina na APR WVC.
Imikino ya nyuma iteganyijwe muri Petit Stade ku wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2026.
Irushanwa riheruka ryo Kwibohora ryegukanwe n’amakipe ya Police VC mu bagabo na Police WVC mu bagore.








