sangiza abandi

Mu Rwanda abagore 8% bakorewe ihohoterwa mu gihe bari batwite 

sangiza abandi

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko 8% by’abagore bafite hagati y’imyaka 15 na 49 bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa mu gihe bari batwite.

Ni ubushakashatsi bwatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima bwashyizwe muri raporo yagiye hanze ku wa 30 Kamena 2026.

Ubushakashatsi bwakorewe ku Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49 bugaragaza ko ihohoterwa ryaba irishingiye ku gukubita no ku gitsina rigikomeje kuba ikibazo gihangayikishije, cyane cyane ku bagore, nubwo imibare y’abarikorerwa yagaragaje igabanuka ugereranyije n’iyariho mu myaka yashize. 

Imibare igaragaza ko 33% by’abagore bavuga ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa nibura rimwe kuva bagejeje imyaka 15 y’amavuko, mu gihe ku bagabo ari 22%. Mu mezi 12 mbere y’ubushakashatsi, abagore 17% ni bo bavuze ko bahuye n’iri hohoterwa, mu gihe ku bagabo ari 8%.

Ubushakashatsi bugaragaza kandi ko mu bagore bashatse cyangwa bigeze kubana n’abo bakundana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa, abenshi bavuga ko ryakozwe n’abo bashakanye cyangwa babanaga icyo gihe, bangana na 53%, mu gihe 28% bavuga ko ryakozwe n’abo bahoze babana. 

Ku bagore batigeze bashaka cyangwa ngo bagire uwo babana nk’umukunzi, 29% bagaragaza ko bakorewe ihohoterwa na ba nyina cyangwa ba nyirakuru babarera mu gihe 28% barikorewe na ba se cyangwa ba sekuru babarera , naho 24% bavuze ko barikorewe n’abarimu mu gihe 22% bo barikorewe na basaza babo cyangwa bashiki babo.

Ku ruhande rw’abagabo, mu bigeze gushaka cyangwa kubana n’abakunzi babo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa abangana na 32% bavuga ko ryakozwe n’abantu batamenyekanye neza, 19% bavuga ko barikore n’abo bashakanye cyangwa babanaga icyo gihe, mu gihe 14% bavuga ko barikorewe n’abahoze ari abafasha babo. 

Abagabo 34% batigeze bashaka cyangwa ngo bagire uwo babana nk’umukunzi bavuze ko bahohotewe n’abantu batamenyekanye neza mu gihe 34% barikorwe nabo biganaga, 18% bahohotewe n’abarimu, 13% barikorewe na ba se naho 12% bahohoterwa na ba sekuru.

Ku bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gusambanywa ku gahato cyangwa n’ibindi bikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubushakashatsi bugaragaza ko 19% by’abagore bavuga ko barikorewe nibura rimwe mu buzima bwabo, mu gihe ku bagabo ari 5%.

Mu mezi 12 mbere y’ubushakashatsi, abagore 8% bavuze ko bahuye n’iri hohoterwa, mu gihe ku bagabo ari 1%.

Imibare yerekana ko abagore batandukanye n’abagabo babo, abatandukanye n’abo babanaga cyangwa abapfakazi ari bo bagize umubare munini w’abahuye n’iri hohoterwa aho bangana na 35%, mu gihe ku bagore bashatse ari 18%, naho abatarigeze bashaka ariko bagize uwo bakundana ari 21%. Mu gihe Ku batigeze bagira uwo bakundana, bahohotewe bangana na 8%.

Abagore bigeze gushaka cyangwa kubana n’abakunzi babo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiganjemo irikozwe n’abagabo babo cyangwa abo babanaga icyo gihe, bangana na 52%.

Imibare igararagza ko 17% bavuze ko barikorewe n’abakunzi bakiri kumwe cyangwa abahoze ari bo, naho 14% bavuga ko ryakozwe n’abagabo bashakanye. 

Ku rundi ruhande, abagabo 36% bavuze ko bahohotewe n’abagore babo cyangwa abo babanaga icyo gihe, mu gihe 15% bavuze barikorewe n’abahoze ari abafasha babo, abandi 15% bavuze ko ryakozwe n’inshuti z’umuryango, mu gihe 14% bavuga ko ryakozwe n’abo bakundanaga cyangwa bahoze bakundana.

Ubushakashatsi kandi bwagaragaje ko 11% by’abagore bavuga ko bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakozwe n’umuntu batari bafitanye umubano wihariye, mu gihe ku bagabo ari 4%. 

Mu mezi 12 mbere y’ubushakashatsi, abagore bagera kuri 1% ni bo bavuze ko bahuye n’iri hohoterwa, mu gihe ku bagabo ari munsi ya 1%.

Imibare igaragaza kandi ko bamwe bahura n’ihohoterwa bakiri bato. Mu bagore, 2% bavuga ko bahuye bwa mbere n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mbere y’imyaka 15, mu gihe 6% bahohotewe mbere y’imyaka 18, naho 10% bahuye n’ihohoterwa mbere  y’uko buzuza imyaka 22.

Ku bagabo, hafi ya 1% bavuga ko bahuye na ryo mbere y’imyaka 18, mu gihe 3% bavuga ko ryababayeho mbere y’imyaka 22.

Ubushakashatsi kandi bugaragaza ko ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa n’irishingiye ku gitsina akenshi bishobora gukorerwa ku muntu umwe.

Muri rusange, 39% by’abagore bavuga ko bahuye nibura n’ubwoko bumwe muri ubwo bw’ihohoterwa; 21% bakorewe irishingiye ku gukubitwa gusa, 7% bakorerwa irishingiye ku gitsina gusa, mu gihe 12% ari bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kugukubitwa. 

Ku bagabo, 25% bavuga ko bahuye nibura n’ubwoko bumwe bw’ihohoterwa, 19% bakorewe irishingiye ku gukubitwa gusa, 3% irishingiye ku gitsina gusa, naho abandi 3% bavuga ko bakorewe ubwoko bwombi.

Gusa imibare igaragaza ko mu Rwanda ihohoterwa mu miryango rigenda rigabanuka aho abagore bavuze ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa bagabanutse bava kuri 37% bariho mu 2019-2020 bagera kuri 33% mu 2025, ndetse n’abavuga ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bakava kuri 23% bagera kuri 19% mu gihe nkicyo.

Mu 2025 abagore 8% bakorewe ihohoterwa mu gihe bari batwite mu Rwanda
Abagabo 24% bahohotewe ni bo barega

Photos:

[fluentform id="3"]